Breaking News

2023-11-29 05:46:54

Youssef Rharb wasabiwe imbabazi na bagenzi be bakinana ashobora kwigendera

2023-11-29 03:18:04

Hagiye kubaho impinduka zikomeye mu gutwara abagenzi muri Kigali

2023-11-29 02:56:30

Gen.(Rtd) Kabarebe muri Senegal yagaragaje icyatuma Afurika igira umutekano usesuye

2023-11-28 23:50:27

Abasirikare bakuru ba Siyera Lewone barafunzwe bazira gushaka guhirika ubutegetsi

2023-11-28 06:01:12

CECAFA U18:Ikipe y’u Rwanda yatsinzwe niya Kenya

2023-11-28 03:37:26

Bimwe mu bikorwa by’iterambere by’ingabo z’u Rwanda muri Centrafrique na Mozambique

2023-11-28 03:28:09

Abayobozi ba EALA bafite ikizere cyuko ibibazo byo muri RDC bizakemuka vuba

2023-11-27 21:29:38

Niger, ifatirwa ibihano, ikora uruganda rushya rw'amashanyarazi

2023-11-27 21:10:01

Umurwa mukuru wa Siyera Lewone usubiye mu buzima busanzwe mu gihe guhiga ibitero bikomeje

2023-11-27 20:46:50

Ghana Cardinal Peter Turkson: Igihe kirageze cyo gusobanukirwa abaryamana bahuje igitsina

Advertise Here

Rutsiro:Baratujwe ariko Inzu batujwemo zabasenyukiyeho

Rutsiro:Baratujwe ariko Inzu batujwemo zabasenyukiyeho

Abatujwe mu mudugudu wa Rukomero wo mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bahorana ubwoba bw’inzu bubakiwe kuko zikunda guhura n’ibiza, ku buryo barara badasinziriye bafite ubwoba ko zabagwaho.

Imwe muri izi nzu iherutse kuvaho igisenge, kiraguruka, kandi uyibamo aracyayirimo amaze ibyumweru bibiri ayirimo yarangiritse.

Umuturage utuye muri iyi nzu ayibamo uko imeze kandi ikgaraga nuko iyi nzu nta sakaro ifite abaturanyi buyu muryango nabo bibaza uko bayibamo nta sakaro.

Umwe mu baturanyi yagize ati “anabamo kuva iyo mpanuka yaba ubu ngubu anarimo kugeza n’ubu ni uko yagiye.”

Abatujwe muri uyu mudugudu bakomeza bagaragaza ko uretse n’iyi nzu iheruka gusenyuka bamwe bahorana ubwoba kubera ko izi nzu zihora zihura n’ibiza.

Umwe ati “Ziri ku manegeka zihora zigwa kubera Ibiza, buri gihe iyo imvura iguye turikanga ngo ziratugwaho.”

Bavuga ko hari n’uwo inzu yagwiriye bakamujyana kwa muganga. Undi ati “Hatarashira n’icyumweru inzu iba iraridutse iramukubita, tuba turamuhetse tumugeza ku Kigo Nderabuzima bamujyana i Gisenyi ahubwo ni n’Imana yahabaye kuko twasanze ibi byose byakubise biragenda.”

Bavuga ko iyo umuyaga uje ari mwinshi, izi nzu zangirika kuko zubatswe zisondetswe, ku buryo hari bamwe bajya gucumbika.

Undi muturage ati “Biterwa n’abazubaka kuko si twe tuzubaka. Ni abaza kuzubaka bakazubaka bari kuzineneka ubusabusa, bari  kwikizakiza ntibazikomeze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Nyabirasi, Mpirwa Migabo avuga ko ibiza bikunze kwibasira izi nzu biterwa n’uko zubatswe mu buryo bw’umuganda ndetse amatafari atumye neza.

Ati “Twagiye tuzubaka muri ya periode y’imvura amatafari atumye neza, ni yo mpamvu zagiye zibomoka, ariko tugenda tuzisana uko ubushobozi bugenda buboneka.”

Avuga kandi ko nk’umuturage uba mu nzu iherutse kwangirika bikabije, yabaye acumbikiwe na mugenzi we kugira ngo iye ibanze isanwe.

@REBERO.CO.RW

Advertise Area

your advertise