Breaking News

2023-11-29 05:46:54

Youssef Rharb wasabiwe imbabazi na bagenzi be bakinana ashobora kwigendera

2023-11-29 03:18:04

Hagiye kubaho impinduka zikomeye mu gutwara abagenzi muri Kigali

2023-11-29 02:56:30

Gen.(Rtd) Kabarebe muri Senegal yagaragaje icyatuma Afurika igira umutekano usesuye

2023-11-28 23:50:27

Abasirikare bakuru ba Siyera Lewone barafunzwe bazira gushaka guhirika ubutegetsi

2023-11-28 06:01:12

CECAFA U18:Ikipe y’u Rwanda yatsinzwe niya Kenya

2023-11-28 03:37:26

Bimwe mu bikorwa by’iterambere by’ingabo z’u Rwanda muri Centrafrique na Mozambique

2023-11-28 03:28:09

Abayobozi ba EALA bafite ikizere cyuko ibibazo byo muri RDC bizakemuka vuba

2023-11-27 21:29:38

Niger, ifatirwa ibihano, ikora uruganda rushya rw'amashanyarazi

2023-11-27 21:10:01

Umurwa mukuru wa Siyera Lewone usubiye mu buzima busanzwe mu gihe guhiga ibitero bikomeje

2023-11-27 20:46:50

Ghana Cardinal Peter Turkson: Igihe kirageze cyo gusobanukirwa abaryamana bahuje igitsina

Advertise Here

Sisiteme yo gucunga amakuru y’abafite ubumuga (DMIS) yatangiye uyu munsi mu Rwanda

Sisiteme yo gucunga amakuru y’abafite ubumuga (DMIS) yatangiye uyu munsi mu Rwanda

Nyuma y'iminsi itanu hatangwa amahugurwa kubazakora mu ibarura ry'abafite ubumuga bakoresheje Sidsiteme yo gucunga amakuru y'abafite ubumuga (DMIS), uyu munsi tariki ya 20 Ugushyingo nibyo hatangiye kubarura abafite ubumuga, ibikoresho bikab byaraye ku turere abakarani bakaba bazindutse batangira gushyira mu bikorwa ibyo bari bamaze iminsi bigishwa.

Ni igikorwa cyishimiwe n’abafite ubumuga kuko bizakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga kandi bakaba bizeye ko amakuru bazatangwa azabikwa neza ndetse nabo bakaba bizeye ko bizatuma bagerwaho nibyo bakeneye, ikindi ngo bizagabanya ukwiyongera kw’abana bafite ubumuga kuko bazabasha gukurikiranwa bigatuma hari nababasha kugira ubuzima butarimo ubumuga.

Munyemana Emmanuel wo mu Karere ka Gasabo nawe akaba Ashima iki gikorwa kuko abonamo ko kizatanga amakuru yose kubafite ubumuga ndetse no kubasha gutuma bagira imibereho myiza ndetse no kwiteza imbere.

Agira ati: “Mfite ubumuga bw’ingingo ariko amakuru namara kumenyekana twizera ko imibereho yacu izarushaho kuba myiza kandi bugatuma natwe twiteza imbere mu bukungu, kandi tukabasha gushyirwa mu byiciro bituma tubasha kwitabwaho

Umunyamabanga Nshingwabikorwa Emmanuel Ndayisaba w’Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda,tumaze igihe duhugura abakarani bazadufasha muri iki gikorwa kandi twizeye ko bazadufasha kubikora neza, ndetse n’ibikoresho byose byarabonetse.

Agira ati: “Abakarane bacu nyuma y’iminsi igera kuri itanu tubahugura mu gihugu hose tubatezeho gukora akazi neza muri iki gihe cy’amezi ane n’igice bagiye kumara bakusanya amakuru y’abafite ubumuga, ariko igihe gishobora kwiyongera bitewe naho abantu bakorera gusa twizeye ko igihe twashyizeho badahuye n’imbogamizi byaba byarangie”

Yakoeje avuga ko abafite ubuma bazkira neza abakarani b’ibiarura ndetse bakabagezaho amakuru yose akenewe kugira ngo habashe kuboneka umubare w’abafite ubumuga mu Rwanda ndetse kugira ngo babashe kubona uko bashirwa mu byiciro bakurikije ubumuga bafite.

@Rebero.co.rw

Advertise Area

your advertise